Ubuyobozi bwa ‘Miss Africa Golden’ bwatangaje ko bwahisemo gusubika iki gikorwa kubera ibibazo biri mu Mujyi wa Nairobi, aho ryagombaga kubera.

Uwicyeza Gisagara Landrine niwe uheruka guserukira u Rwanda muri iri rushanwa
Iri rushanwa ryari rigiye kuba ku nshuro ya karindwi, ryari riteganyijwe kubera i Nairobi, aho byari byitezwe ko abazaryitabira bari kuhagera ku wa 24 Ugushyingo 2024, mu gihe ikamba ryari gutangwa ku wa 30 Ugushyingo 2024 naho tariki 2 Ukuboza 2024 abakobwa bakaba bagombaga kuba bamaze kuva i Nairobi.
U Rwanda rwaherukaga kwitabira iri rushanwa mu 2022 ubwo rwari ruhagarariwe na Uwicyeza Gisagara Landrine.
Ni mu gihe kuri ubu iri rushanwa ryahagaritswe nta mukobwa uturuka mu Rwanda biramenyekana ko yari kuzaryitabira.
Miss Africa Golden ni irushanwa rigamije guteza imbere umwana w’umukobwa ariko cyane umwirabura, nubwo n’abo mu yindi migabane baryitabira.