Amagambo ya Jude Bellingham nyuma yo kwegukana Champions League

Jude Bellingham avuga ko atari gukabya inzozi kurushaho, nyuma yo gusoza umwaka we wa mbere w’imikino muri Real Madrid begukanye igikombe cya Champions League.

Uyu Mwongereza w’imyaka 20 yahereje umupira Vinicius Jr watsinze igitego cya kabiri, ubwo iyi kipe y’igihangange yo muri Espagne yatsindaga ibitego 2-0 ikipe yahoze akinamo ya Borussia Dortmund yo mu Budage, mu mukino wa nyuma wa Champions League wabereye ku kibuga cya Wembley mu Bwongereza mu ijoro ryo ku wa gatandatu.

Real ni yo kipe ya mbere yegukanye ibikombe byinshi bya Champions League, ubu bibaye 15.

Bellingham yagiriye ibihe byiza muri Real muri uyu mwaka we wa mbere w’imikino, atsinda ibitego 23 mu marushanwa yose iyi kipe yakinnye, ayifasha gutsindira igikombe cya shampiyona ndetse atorwa nk’umukinnyi w’umwaka muri shampiyona ya La Liga y’icyiciro cya mbere muri Espagne.

Yabwiye igitangazamakuru TNT Sports ati: “Buri gihe narotaga kuzakina imikino nk’iyi.

“Iyo rimwe na rimwe ibintu bigeze ahakomeye utangira kwibaza niba koko ibyo byose byari ngombwa – ariko amajoro nk’iri joro akwereka ko byari ngombwa.

“Uyu mwaka w’imikino ugomba kuba uri aho ngaho [hejuru] mu bijyanye n’umwaka w’imikino ntamakemwa [nagize]. Sinshobora kubona uko mbivuga, ni ryo joro rya mbere ryiza ry’ubuzima bwanjye.”

Abo mu muryango wa Jude bari baje kumushyigikira

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *