{"id":1368,"date":"2025-01-13T12:43:13","date_gmt":"2025-01-13T10:43:13","guid":{"rendered":"https:\/\/divvanews.com\/?p=1368"},"modified":"2025-01-13T12:43:14","modified_gmt":"2025-01-13T10:43:14","slug":"kim-kardashian-yijunditswe-na-bamwe-mu-batuye-usa","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/2025\/01\/13\/kim-kardashian-yijunditswe-na-bamwe-mu-batuye-usa\/","title":{"rendered":"Kim Kardashian yijunditswe na bamwe mu batuye USA"},"content":{"rendered":"\n<p>Umunyamideli Kimberly Noel Kardashian wamamaye nka Kim Kardashian, yijunditswe na bamwe mu batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kutishimira ko yirengagije kwifatanya n\u2019abandi mu kuvuganira abari kugirwaho ingaruka n\u2019inkongi y\u2019umuriro iri guca ibintu i Los Angeles, akamamaza ibikorwa bye.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-large\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"1024\" height=\"576\" src=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/rOoC-1024x576.jpeg\" alt=\"Kim Kardashian yaranenzwe cyane kubera ibyo yakoze\" class=\"wp-image-1369\" srcset=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/rOoC-1024x576.jpeg 1024w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/rOoC-300x169.jpeg 300w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/rOoC-768x432.jpeg 768w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/rOoC.jpeg 1120w\" sizes=\"auto, (max-width: 1024px) 100vw, 1024px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Uyu Munyamerika w\u2019imyaka 44, ubusanzwe uvuka muri Los Angeles, yibasiwe nyuma y\u2019ubutumwa bwashyizwe ku rubuga rwa sosiyete ye y\u2019imyambaro izwi nka SKIMS.<\/p>\n\n\n\n<p>Iyi sosiyete yashyize hanze urukurikirane rw\u2019amafoto n\u2019amashusho agaragaza imyambaro iheruka gukora.<\/p>\n\n\n\n<p>Ni ubutumwa butaguye neza benshi bakurikira urubuga rwa SKIMS kuko bamwe butse inabi uyu mugore na sosiyete ye, bavuga ko atari akwiriye kwirengagiza ibiri kuba muri Leta ya California mu Mujyi wa Los Angeles.<\/p>\n\n\n\n<p>Abantu batandukanye bagaragaje ko ubu butumwa bumeze nko kwishongora cyangwa se kutita ku marangamutima y\u2019abandi bari mu bibazo.<\/p>\n\n\n\n<p>Umwe yanditse ati \u201cMwaba mwatekereje ku gukora ubutumwa bugaragaza ibikorwa biri kubera i Los Angeles hamwe n\u2019uburyo Kim na SKIMS bari gufasha ku biri kuba?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Undi yaje ati \u201cUkomeje kugerageza gukorera amafaranga mu bantu, muri ibi bihe biteye ubwoba by\u2019inkongi?\u201d<\/p>\n\n\n\n<p>Hari abavuze ko arutwa na murumuna we Khlo\u00e9 Kardashian umaze iminsi asangiza abamukurikira amakuru ajyanye n\u2019inkongi iri guca ibintu.<\/p>\n\n\n\n<p>Abandi bashyigikiye uyu mugore bavuga ko niba ari cyo gihe yari yaragennye cyo kwamamaza imyambaro ye adakwiriye kugawa. Umwe ati \u201cMukwiriye guceceka kuko ubu ari ubucuruzi. Nubwo bimeze bityo ubuzima bukwiriye gukomeza. Kim yifatanyije n\u2019abandi mu bihe bikomeye umujyi we urimo ndetse no kuwusengera nk\u2019undi wese.\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"800\" height=\"1000\" src=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/kim_kardashian_yijunditswe_na_bamwe_mu_bamukurikira-e00b8.jpg\" alt=\"Kim Kardashin yarari kwamamaza bimwe mu bikorwa bye\" class=\"wp-image-1370\" srcset=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/kim_kardashian_yijunditswe_na_bamwe_mu_bamukurikira-e00b8.jpg 800w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/kim_kardashian_yijunditswe_na_bamwe_mu_bamukurikira-e00b8-240x300.jpg 240w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2025\/01\/kim_kardashian_yijunditswe_na_bamwe_mu_bamukurikira-e00b8-768x960.jpg 768w\" sizes=\"auto, (max-width: 800px) 100vw, 800px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Nubwo yibasiwe ariko, umuryango we uheruka gutanga imfashanyo ku batishoboye bagizweho ingaruka n\u2019inkongi.<\/p>\n\n\n\n<p>Inzu ifite agaciro ka miliyoni 60$ ya Kim Kardashian na Kanye West wahoze ari umugabo iherereye i Los Angeles, iri mu zarokotse iyi nkongi ariko ibyamamare bitandukanye byari bituranye na bo byatakaje imitungo yabyo.<\/p>\n\n\n\n<p>Muri aba harimo inshuti za hafi za Kim nka Paris Hilton, Heidi Montag na Spencer Pratt, Leighton Meester na Adam Brody, Anna Faris n\u2019abandi benshi.<\/p>\n\n\n\n<p>Abashinzwe kuzimya umuriro bamaze iminsi barwana n\u2019iyi nkongi yatangiye ku wa Kabiri w\u2019Icyumweru gishize bagaragaza ko imaze kugera ku buso burenga hegitari 15.000.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umunyamideli Kimberly Noel Kardashian wamamaye nka Kim Kardashian, yijunditswe na bamwe mu batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kutishimira ko yirengagije kwifatanya n\u2019abandi mu kuvuganira abari kugirwaho&hellip; <\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":1369,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_seopress_robots_primary_cat":"","_seopress_titles_title":"","_seopress_titles_desc":"","_seopress_robots_index":"","footnotes":""},"categories":[5],"tags":[],"class_list":["post-1368","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-imyidagaduro"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1368","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=1368"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1368\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":1371,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/1368\/revisions\/1371"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/1369"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=1368"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=1368"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=1368"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}