{"id":468,"date":"2024-07-31T11:10:03","date_gmt":"2024-07-31T09:10:03","guid":{"rendered":"https:\/\/divvanews.com\/?p=468"},"modified":"2024-07-31T11:10:04","modified_gmt":"2024-07-31T09:10:04","slug":"umukobwa-urimo-guhatanira-ubwiza-ariko-uri-hagati-yurwango-kubera-inkomoko","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/2024\/07\/31\/umukobwa-urimo-guhatanira-ubwiza-ariko-uri-hagati-yurwango-kubera-inkomoko\/","title":{"rendered":"Umukobwa urimo guhatanira ubwiza ariko uri hagati y&#8217;urwango kubera inkomoko"},"content":{"rendered":"\n<p>Umwe mu bahatanira kuba &#8216;Miss South Africa 2024&#8217; arimo kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Afurika kubera ibyo arimo gukorerwa muri Afurika y\u2019Epfo bitewe n\u2019inkomoko y\u2019ababyeyi be.<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img alt=\"\" loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"564\" height=\"363\" src=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chidimma.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-469\" srcset=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chidimma.jpg 564w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chidimma-300x193.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 564px) 100vw, 564px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Chidimma Vanessa Adetshina ari mu bakobwa 16 ba nyuma bazatoranywamo &#8216;Miss South Africa 2024&#8217; mu birori bizaba tariki 10 z\u2019ukwezi gutaha kwa Kanama.<\/p>\n\n\n\n<p>Ariko abantu barenga 6,000 bamaze gusinya inyandiko isaba ko avanwa mu barimo kurushanwa bavuga ko &#8220;nubwo yavukiye muri Afurika y&#8217;Epfo&#8221; kuba afite inkomoko muri Nigeria na Mozambique &#8220;bishyira mu kibazo ishema rya Afurika y&#8217;Epfo&#8221;.<\/p>\n\n\n\n<p>Abategura iri rushanwa ry\u2019ubwiza, babwiye ikinyamakuru The South African ko bemereye Chidimma Vanessa kuko \u201cyujuje ibisabwa byose\u201d abitabira iri rushanwa, birimo kuba ari Umunyafurika y\u2019Epfo ufite indangamuntu cyangwa pasiporo.<\/p>\n\n\n\n<p>Iki kinyamakuru gisubiramo abategura iri rushanwa bavuga ko nyina wa Chidimma ari umu-Zulu wo muri Afurika y\u2019Epfo naho se akaba ari umunya-Nigeria.<\/p>\n\n\n\n<p>Abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga bibasiye Chidimma basaba ko avanwa mu irushanwa kuva byamenyekana ko se ari uwo muri Nigeria, ndetse bavuga ko nyina na we nubwo ari Umunyafurika y\u2019Epfo ariko akomoka muri Mozambique.<\/p>\n\n\n\n<p>Abandi na bo batari bacye bagaragaje ko kwibasira Chidimma, wavukiye muri Afurika y\u2019Epfo, ari ikindi kimenyetso cy\u2019urwango rukabije ku banyamahanga rukunda kuvugwa muri Afurika y\u2019Epfo.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku wa mbere, Chidimma yongeye kuvugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, nyuma ya videwo yerekanywe ari kwishimana n\u2019umuryango we wiganjemo abo muri Nigeria.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rubuga X, minisitiri w\u2019imikino n&#8217;umuco wa Afurika y\u2019Epfo Gayton McKenzie yabajijwe icyo abivugaho, asubiza ko ashaka kubanza kumenya amakuru yose mbere yo gusubiza, gusa ati: \u201cMu kuri ntitwakwemerera abanya-Nigeria guhatana mu irushanwa ryacu rya Miss SA\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Mu kiganiro gitambutswa n\u2019ishyaka rye kuri internet kizwi nka EFF Podcast, Julius Malema aherutse kumvikana ashyigikira uyu mukobwa, aho yagize ati:<\/p>\n\n\n\n<p>\u201cUbwenegihugu bwawe bugenwa n\u2019aho wavukiye, niba yaravukiye hano ni Umunyafurika y\u2019Epfo\u2026ntabwo ari ababyeyi be, ni we ubwe. Kuki wavuga ngo ni umunya-Nigeria, cyangwa Mozambique [kandi] yaravukiye hano!\u2026ntabwo twahana abantu kubera aho ababyeyi babo bakomoka.\u201d<\/p>\n\n\n\n<figure class=\"wp-block-image size-full\"><img alt=\"\" loading=\"lazy\" decoding=\"async\" width=\"647\" height=\"404\" src=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chiiiiiiiiiiiiiid.jpg\" alt=\"\" class=\"wp-image-470\" srcset=\"https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chiiiiiiiiiiiiiid.jpg 647w, https:\/\/divvanews.com\/wp-content\/uploads\/2024\/07\/chiiiiiiiiiiiiiid-300x187.jpg 300w\" sizes=\"auto, (max-width: 647px) 100vw, 647px\" \/><\/figure>\n\n\n\n<p>Muri EFF Podcast, Malema avuga ko ibirimo gukorerwa Chidimma bikorwa \u201cn\u2019abantu bakwiza urwango hagati y\u2019abanyafurika\u201d.<\/p>\n\n\n\n<p>Ku rubuga X, umwe mu banenga uko Chidimma arimo kwitwa umunyamahanga,&nbsp;<a href=\"https:\/\/x.com\/IbrahimMabapa\/status\/1817564025770623037\">yatangaje amafoto abiri&nbsp;<\/a>imwe iriho Chidimma, indi iriho umwe mu badepite ba Afurika y\u2019Epfo, maze ati:<\/p>\n\n\n\n<p>Ifoto ya mbere: Umwana w\u2019Umunyafurika wavukiye muri Afurika y\u2019Epfo arimo kwitwa umunyamahanga<\/p>\n\n\n\n<p>Ifoto ya kabiri: Umugore wo muri Aziya wavukiye mu Bushinwa ku babyeyi b\u2019Abashinwa, akimukira muri Afurika y\u2019Epfo akabona ubwenegihugu, yitwa Umunyafurika y\u2019Epfo ndetse yagizwe umudepite<\/p>\n\n\n\n<h2 class=\"wp-block-heading\" id=\"Vanessa-umukobwa-ukunda-imikino\">Vanessa, umukobwa &#8216;ukunda imikino&#8217;<\/h2>\n\n\n\n<p>Chidimma Vanessa onwe Adetshina, umwirondoro we ugaragazwa n\u2019abategura &#8216;Miss South Africa&#8217; uvuga ko afite imyaka 23.<\/p>\n\n\n\n<p>Ko ari umukobwa wavukiye mu gace ka Soweto mu ntara ya Gauteng, akaba ari umumurikamideli, umukinnyi wa netball, n\u2019umunyeshuri muri kaminuza mu ishami ry\u2019amategeko.<\/p>\n\n\n\n<p>Vanessa ni umukobwa \u201cukunda cyane imikino kandi ukangurira impinduka ku rugomo rukorerwa abagore n\u2019abana n\u2019urugomo rushingiye ku gitsina\u201d.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Umwe mu bahatanira kuba &#8216;Miss South Africa 2024&#8217; arimo kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Afurika kubera ibyo arimo gukorerwa muri Afurika y\u2019Epfo bitewe n\u2019inkomoko y\u2019ababyeyi be. Chidimma Vanessa Adetshina&hellip; <\/p>\n","protected":false},"author":2,"featured_media":469,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_seopress_robots_primary_cat":"","_seopress_titles_title":"","_seopress_titles_desc":"","_seopress_robots_index":"","footnotes":""},"categories":[3],"tags":[],"class_list":["post-468","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-mu-mahanga"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/468","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/2"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=468"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/468\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":471,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/468\/revisions\/471"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/469"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=468"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=468"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/divvanews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=468"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}