Kevin Kade yarikoroje hamwe n’ikizungerezi cyo muri Tanzania

Kevin Kade n’umunyamideli Jasinta Makwabe, umaze kubaka izina muri Tanzania, bongeye kurikoroza ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko basohoye amashusho bari gutemberana muri Kigali Convention Centre.

Aya mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Kevin Kade na Jasinta Makwabe bari kumwe batembera muri Kigali Convention Centre.

Mu minsi ishize nibwo Jasinta Makwabe, umunyamideli wigeze guhagararira Tanzania mu irushanwa rya Miss Africa Calabar mu 2021, akaba umwe mu nkumi zavuzwe mu rukundo na Diamond Platinumz yaciye amarenga ko ari kugirana ibihe byiza na Kevin Kade.

Jasinta Makwabe ni umwe mu banyamideli bakomeye muri Tanzania.

Akunze kugaragara mu mashusho y’indirimbo, kumurika imyenda n’ibindi bimwinjiriza amafaranga.

Jasinta agaragara mu mashusho y’indirimbo ‘Gomama’ ya Active na Mwana Fa wo muri Tanzania.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *