Umunya-Cameroun, Issa Hayatou wayoboye Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) imyaka 30, yaguye i Paris mu Bufaransa azize uburwayi.

Urupfu rwa Hayatou ku ikubitiro rwatangajwe na Perezida w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga rya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, binyuze mu butumwa yashyize ku rukuta rwe rwa Instagram, ku wa kane tariki 8 Kanama.
Yagize ati “Nk’umukunzi wa siporo ndetse n’Umunyamuryango w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Imikino Olempike (IOC), yeguriye ubuzima bwe imiyoborere ya siporo. Nk’uhagarariye FIFA, nihanganishije umuryango we, inshuti, abo bakoranye ndetse n’abari bamuzi bose. Ruhukira mu mahoro.”
Hayatou yazahajwe n’uburwayi bwe aho yari arwariye mu Bufaransa mbere y’uko ashiramo umwuka, umunsi umwe mbere y’uko yizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 78 yari kuzuza kuri uyu wa Gatanu.
Yayoboye CAF imyaka 29 kuko yatangiye kuyobora iyi Mpuzamashyirahamwe guhera mu 1988 kugeza mu 2017.
Yanabaye kandi Perezida w’Inzibacyuyo wa FIFA hagati ya 2015-2026 nyuma y’ihagarikwa rya Sepp Blatter ashinjwa ibyaha bya ruswa.