Jay-Z yisanze mu bya P.Diddy ashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 13

Umuraperi Jay-Z na mugenzi we P.Diddy bagejejwe mu rukiko n’umugore abashinja kuba baramusambanyije mu 2000 ubwo yari afite imyaka 13, ibyo bibera muri bimwe mu birori byategurwaga na Diddy.

Uyu mugore utavuzwe amazina ariko agahabwa amazina ya Jane Doe kugira ngo harindwe umutekano we, avuga ko yasambanyijwe nyuma y’ibirori bya MTV Video Music Awards mu 20000.

Jane Doe watanze kino kirego ni umwe mu bashinja Sean Combs uzwi nka P. Diddy kuba yaramusambanije igihe yari mu birori uyu mugabo yajyaga ategura.

Mu kirego cye kivuguruye, avuga ko babanje kumuha ibisindisha nyuma yaho Jay-Z abanza kumusambanya, ndetse nyuma hakurikiraho P. Diddy.

Jay-Z yahise ahakana ibivugwa n’uyu mugore, avuga ko ibyo amushinja ari icyaha gikomeye cyane ku buryo we n’abamwunganira mu mategeko bakwiye kuba basaba ko kiburanishwa mu buryo bw’urubanza nshinjacyaha aho kubigira urubanza mbonezamubano, kugira ngo uwo gihamijwe afungwe burundu.

CNN iravuga ko uyu mugore n’abamwunganira mu mategeko bari babanje gushaka ko ikibazo gikemurwa mu bwumvikane, ariko Jay-Z yabifashe nk’aho bashaka kumukuramo amafaranga.

Ubu bwumvikane bwanze, nibwo bahisemo gutanga ikirego mu rukiko.

Nubwo iki kirego ari bwo gitanzwe, ariko umunyamategeko Tony Buzbee yari asanzwe afite dosiye ya Jay-Z ndetse mu Ukwakira 2024 ubwo yavugaga ku birego birenga 120 bya Diddy, yasobanuye ko hari andi mazina akomeye azagaragara muri runo rubanaza, kuri ubu Jay-Z akaba ari umwe mu bamaze gushyirwa hanze.

Magingo aya Diddy ari muri gereza i New York aho yatawe muri yombi ku 16 Nzeri 2024 akurikiranweho ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ryo ku gitsina, akaba azaburana ku wa 05 Gicurasi 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *