Bimwe mu bintu biraje inshinga Cristiano Ronaldo wujuje imyaka 40

Umukinnyi Cristiano Ronaldo, uyu munsi yujuje imyaka 40 agikina umupira w’amaguru ibintu bigikomeje gutangaza Isi kuko usanga afite imbaraga zo guhatana n’abasore bari mu myaka 20 nta gihunga kandi ari nako arushaho kwesa uduhigo.

Cristiano yifuza ko yazakinana n'umwana we mu gikombe cy'isi cya 2026

Rimwe na rimwe, Cristiano Ronaldo yandikiraga ubutumwa umuganga w’ikipe y’igihugu ya Portugal Jose Carlos Noronha.

Ati ”Amahoro muganga, hari inkuru y’ubumenyi (science) wambwira nkaba nsoma?” Niko Ronaldo yakunda kubaza.

Iki cyamamare cyavukiye i Madeira amaze kwemera ko ”aryoherwa no kwiga” no ”gukunda cyane ibijanye no kuramba,” gutyo rero nta cyatangaje Noronha, azi uwo mukinyi w’imbere kuva igihe yinjiraga muri Manchester United bwa mbere.

Uwo muganga, yemerwa cane mu gihugu kugera nubwo Jose Morihno amwita ”Wa muntu umwe udasanzwe”, rimwe yigeze kuvuga ko Ronaldo ”afite ishyaka ryo kumenya [ibintu] cyane”.

Uyu mukinnyi wujuje imyaka 40 yatangaje bimwe mu bintu atasoza kugeraho mu mupira w’amaguru ashaka gukora muri 2026. Harimo:

*Gukina mu gikombe cy’isi cya 2026 – no gutahana umudari.
* Kuzuza ibitego 1.000 mu mwuga we – ubu afite 923
*Kuzuza ibikombe 250 bya Portugal – ubu afite 217;
*Guhurira mu kibuga n’umuhungu we Cristiano Ronaldo Jr, ubu afite imyaka 14 akaba akinira ikipe y’abana muri Al-Nassr

Cristiano yifuza ko yazakinana n’umwana we mu gikombe cy’isi cya 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *