Umunyarwandakazi wari uhatanye muri Prix Découvertes’ yatashye amara masa

Umuhanzikazi Boukuru Christiane wari mu 10 babashije kugera mu cyiciro cya nyuma cy’irushanwa ‘Prix Découvertes’, ntabwo yahiriwe kuko byarangiye ryegukanwe n’uwitwa Queen Rima ukomoka muri Guinée.

Boukuru ntabwo yagize amahirwe yo kwegukana Prix De Couvertes

Queen Rima ubusanzwe witwa Marie Tolno ku myaka 27 y’amavuko, ni we watoranyijwe n’akanama nkemurampaka kari kayobowe n’umunyabigwi mu muziki wa Afurika, Angelique Kidjo.

Queen Rima yari mu 10 bahatanira igihembo cya ‘Prix Découvertes’ mu 2022 no mu 2023 hose agatahira aho.

Ni umuhanzi umaze kubaka izina mu njyana ya ‘Dancehall’.

Queen Rima yegukanye iki gihembo atsinze abarimo Boukuru wari uhagarariye u Rwanda muri iri rushanwa.

Umunya Guniea niwe wegukanye igihembo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *