Ihuriro ry’amakipe akina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, ryasabye ko umubare w’abakinnyi bakomoka hanze y’u Rwanda wava ku bakinnyi batandatu ukagera kuri 12 kuva mu mwaka w’imikino 2024-2025.

Muri uyu mushinga ingingo yongera abakinnyi b’Abanyamahanga ivuga ko ku rupapuro rw’umukino hazajya haba hariho abakinnyi 12 b’Abanyamahanga ikipe ishobora gukoresha ariko muri 11 babanza mu kibuga hakabanzamo umunani n’Abanyarwanda batatu.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryahakanye ibi byavugwaga rivuga ko uko imibare yari ihagaze mbere ariko ikimeze.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryavuze ko Rwanda Premier League nta burenganzira ifite bwo gufata icyemezo nk’icyo yonyine kuko ari ibintu bizaganirwaho.
Biteganyijwe ko umwaka w’imikino 2024-2025 uzatangira tariki 11 Kana 2024 hakinwa umukino w’Igikombe kiruta ibindi uzahuza APR FC yatwaye shampiyona 2023-2024 na Police FC yatwaye igikombe cy’Amahoro 2024 mu gihe shampiyona izatangira tariki 18 Kanama 2024.