Real Madrid ntabwo izitabira igikombe cy’isi cy’amakipe

Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne iheruka kwegukana Champions League yatangaje ko itazitabira igikombe cy’isi gihuza amakipe yabaye aya mbere kuri buri mugabane.

Ikipe ya Real Madrid yamaze kwikura muri iri rushanwa riba ngarukamwaka. Mu itangazo batanze bavuze ko iri rushanwa nta nyungu bakuramo kandi ko n’abakinnyi babo baba bakeneye kuruhuka.

Bavuze ko amafaranga bakura muri iri rushanwa ari make ugereranyije nayo binjiza  ku mukino umwe.

Real Madrid ivuga ko yinjiza byibuze miliyoni 20 z’amadorali ku mukino umwe mugihe ririya rushanwa rikinwamo imikino irindwi naryo ribaha ayo mafaranga atarengeje izo miliyoni.

Umutoza wa Real Madrid Carlo Ancelotti avuga ko imikino myinshi cyane biba ari ukwica abakinnyi. Ati “Kutaruhuka no gukina imikino myinshi cyane byica abakinnyi.”

Iri rushanwa ryitabirwa n’amakipe atandukanye aba yarabaye aya mbere ku mugabane wayo. Kuri iyi nshuro biteganyijwe ko rizabera muri Leta Zunze ubumwe z’amerika. Rizaba umwaka utaha guhera taliki ya 15, Kamena 2025.

One thought on “Real Madrid ntabwo izitabira igikombe cy’isi cy’amakipe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *