APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup

Nyuma yo gusezerera Al Hilal muri 1/2 kuri penaliti 5-4 nyuma y’uko amakipe yombi anganyije ubusa ku busa, APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024.

Wari umukino wa mbere wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup imaze iminsi ibera muri Tanzania aho Al Hilal yo muri Sudani yakinaga na APR FC yo mu Rwanda.

Imonota isanzwe y’umukino yarangiye ari ubusa ku busa hamwe n’inyongera.

Bahise bitabaza penaliti zaje kurangira APR FC igeze ku mukino wa nyuma kuri penaliti 5-4.

Abakinnyi 5 bose Ndayishimiye Dieudonne, Niyigena Clement, Kategaya Elie, Byiringiro Gilbert na Mamadou Sy bazinjije ni mu gihe Al Hilal yahushije iya nyuma.

Ku mukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru, APR FC izahura n’ikomeza hagati ya Al Wadi na Red Arrows.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *