APR FC yatsindiwe ku mukino wa nyuma muri CECAFA Kagame Cup

Ikipe ya APR FC yatsinzwe na Red Arrows yo muri Zambia penaliti 10-9 ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Dar Port Kagame Cup 2024, ryaberaga muri Tanzania.

APR FC ibura amahirwe yo gukuraho agahigo gafitwe na Rayon Sports na ATRACO FC zatwaye iri rushanwa mu gihugu cyo hanze yu Rwanda.

 Umukino warangiye amakipe yombi anganya 1-1 hitabazwa iminota 30 y’inyongera.

Muri iyi minota 30 amakipe yombi yagerageje uburyo bwatuma hadaterwa penaliti ariko ntihagira nimwe ibona igitego cya kabiri nayo irangira bakinganya igitego 1-1 aba arizo zitabazwa.

Muri iyi mipira y’imiterekano batanu ba APR FC bateye mbere
Ndayishimiye Dieudonne, Niyigena Clement, Kategaya Elia, Byiringiro Gilbert , Mamadou Sy bazinjije binagenda gutyo kuri Red Arrows.

Abandi batanu bakurikiyeho kuri APR FC babanjirijwe na Alioum Souane, Richmond Lamptey,Dauda Yussif,Niyomugabo Claude bazinjije ariko Arsene Tuyisenge we ayitera mu kirere maze Ebengo Ikokowari atsinda iyahesheje Red Arrows igikombe itsinze penaliti 10-9.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *