Wema Sepetu yatakaje icyizere cyo kubyara

Wema Sepetu yahishuye ko akomeje kubaho mu bwoba kubera ko nta mwana agira ndetse icyizere cyo kumugira kikaba gikomeje kuyoyoka bitewe n’uko imyaka ikomeje kumusiga.

Yavuze ko ubu atagishyira imbaraga nyinshi mu gushaka umwana bitewe n’uko amaze imyaka myinshi abigerageza ariko bikanga, n’inda ebyiri yagerageje gusama zikaba zose zaravuyemo.

Mu kiganiro yagiranye na ‘Global Tv Online’, yavuze ko nubwo yahagaritse gukomeza gushakisha umwana, ariko ari ibintu bimushengura cyane kumva ko atazigera agira umwana we.

Kuri ubu Wema Sepetu ari mu rukundo n’umuhanzi ‘Whozu nyuma y’uko mu 2020 umugabo we Steven Kanumba amutaye akimara gukuramo inda ebyiri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *